BIRARANGIYE🔥 URUTONDE RW'ABAGORE BAGIYE KUBA ABAPASTEUR MURI ADEPR🔥 Ese Koko ibi Bakoze NI IKIZIRA ?
Ойын-сауық
#Plaisir_0786388010
#ZABURI_NSHYA
Yesu ashimwe ! Iyi ni ZABURI NSHYA (Ishakiro ry' ubutumwa bwiza), Wahisemo neza gukurikira ZABURI NSHYA, Imana iguhe Umugisha !
Uramutse wifuza kutuvugisha waduhamagara kuri iyi Numero 0786388010 (NTAGANZWA PLAISIR)
Пікірлер: 459
Yesu Ashimwe cyane! Igihe kiraje ndetse kirasohoye ubwo Abasenga by' ukuri Data ishaka ko aribo Bamusenga Imana n' Umwuka nabayise dukwiriye kuyisengera mu Mwuka. Setu
Mwihangane ,mube Maso musenge cyane, mwirinde kurebera ku bantu kuko Yesu niwe wenyine nzira, ukuri n'ubujyingo, Kd Nyine mwitegire nibitaribi bizaza, ariko Ijambo ry'Imana niryo tabaza rimurikira Umukristo ngo atayoba
Imana yacu nishimwe hari Doctrine Adepr igenderaho mbona itariyo urugero : Bibliya iravuga ngo abagore ntibakambarane n abagabo ariko Bibliya ntivuga umwenda batazambarana kandi mwibuke ko harigihe imyenda itaririho nyamara bibliya yari iriho ivuga ngo Bagore ntimukambarane n abagabo banyu icyo bivuze rero abagore buri kwezi barahumana iyo umugabo yambaye umwenda w umugore wahumanye aba ahumanye kera umugore ntiyamenyaga igihe yahumaniye cyane ko ntabikoresho bagiraga nicyo Bibliya ivuga si Ipantaro kuko ipantaro n akaruvati byazanywe nabafransa nyuma bivuze ko mbere imyenda yabonetse yari imikenyero amakanzu abagabo nabo bambaraga iyo myenda imikenyero amakanzu bose barayambaye kandi birinda ko umwe yahumanya mugenziwe Bibliya nta mwenda runaka ivuga . Imana ibarinde
@bihoyikijanvier8020
3 ай бұрын
L lo lp L
@tuyikundechantal1073
3 ай бұрын
Cg bivuze umwenda wose umugabo yambaye hhhhubwo no kwifubika ikote ryu mugabo wawe byaba ari icyaha hhh
@uwitijeoliva5680
3 ай бұрын
😂
@JeanneHatunga-JFT
3 ай бұрын
Ivyo uvuze naje navyibajije incuro nyinshi. ico twize nuko biblia yakurikizaga cane imico yabariya bantu twita abayuda/abisrael. Rero bimwe vyagiye bihindurwa nigihe na development yibihugu. Amakanzu niyo yari imyambaro kuri iriya filime ya Yesu ariko nayo uziko yaje nyuma. Ivy Imana biragoye nugusenga gusa umuntu agasobanukirwa ku giti ce.
@emmanuelnzabonimana5238
3 ай бұрын
Ndumva interpretation ya Bible uyitanze. Bibiliya yanditswe muri Greece and Hebrew mu kuyihindura Ijambo ryazateza urujijo ryashyizweho insobanuramirongo. Niba hariya bitariho si byiza gushyiraho ibyacu . kdi ADEPR ntiyabujije abagore kwambara amapantalon bafite impamvu zo kuyambara.
erega buri wese abane n'Imana kugiti ke ,tuve mukigare cya madini kuko umuntu wese azabona ubugingo bwe n'imirimo ye
Sha simbaciye intege Ariko Isaïe Ari mukazi kose!ikibazo abakozwe kumaso bwa2 nibacye,benshii barikureba abantu bakabona aribiti bigenda,nivugiye Ibya yampumyi Yesu yakoze kumaso,abumva icyomvuze baranyumva,Adpr nimwe mwarimusigaye mwihangane natwe twarihanaguye cyera,Ubu ni ugucungana nubugingo gusa,icyitegererezo ni kristo gusa! Abantu bo bararangiye
Bavandimwe dusabe mwuka wera atuyobore twe kuyoborwa nakajagari k'isi. Dusabe Imana iduhishurire byinshi kuko tugeze mubihe bidasanzwe.
@etiennemugiraneza
3 ай бұрын
Imana iturengere kdi itwambike Imbaraga
@isarotv6229
3 ай бұрын
Yesu Ashimwe cyane! Uvuze ukuri, twekuboborwa n' akajagari❤❤
Yemwe yemwe bantu muri gutukana muri kwiyonona mubitewe nibyo mwumvise nimusigeho ntimwongere bana bl mana lmana lgomba gusohoza lbyo yavuze binyuze mubyo mubona buri wese nagume uko yarari agihamagarwa kuko bibiriya ivuga icyi kubyanditse 2 timoteyo :3:1 musome mwumve murakoze cyane yesu abe hamwe namwe amen
Erega bigomba gusohora kugirango Yesu aze. Nibindi biraza vuba mubitejyereze
Genda Theogene Nikwibishaka uri umuhanuzi!!!
@beatricemandevu2614
3 ай бұрын
Ariko sha Plaisir, Imana iguhe umugisha kuko vyukuri uri wise kandi ndagukunda pe 🙌🙏
@user-jm3yj5le6j
3 ай бұрын
Yahanuye iki?
@Fachibeton
3 ай бұрын
@@user-jm3yj5le6jicara wige
@wilsonbuzoya968
3 ай бұрын
Ni batubwire ico uwo Théogene yavuze
@user-uf9qs8hm7w
3 ай бұрын
Byizacyane
Njye nasaba umuntu wese uri ADEPER yumva akijijwe neza, nakurikize ibyo abwirwa n'umwuka wera kuko na YESU KRIsto yavuze KO umwuka hari ibyo azatwigisha kurushaho. So niba utabasha guhamanya n'umwaka ukurimo uratakaye.🤷🤷🤭👌. 🌾 Gusa ADEPER IRI gusohoza ubuhanuzi bw'impuzamatero ,abavuganye N'Imana soit miyigumemo mudahindutse cg musohoke mukore itorero ryo murugo 👌 setu
@ububyutse
3 ай бұрын
IMBUZAMADINI.EREGA BYARARANGIYE. BURI WESE KU MANA YE ARINDE IZAMU RYE
@genestekwizerimana7816
3 ай бұрын
Nukuri pe
Ibi ngibi Esaie arimo gukora arabikora ku giti cye kuko Imana yamuciye kera byavugiwe i Nyarugenge mu materaniro ya ukiamuka, nta Mana bari kumwe n'ibindi azakora byose arahikora atenze. NTIMUYOBE KWIFATANYA N'ABABI BYONONA INGESO NZIZA. Kuko tugendera kuri Biblia niyo tegekonshinga y'abakristo, kandi ibi akoze bihabanye na Biblia, kuko Biblia ivuga umudiyakonikazi nta mushumbakazi twasomyemo.
@pacifiqueemmanuel1667
3 ай бұрын
Ni ukuri pe! Ariko se yazana ubutinganyi mu idini ayoboye, ibendera ryo gutingana rikazamurirwa imbere ye, urumva hari icyo atakora. Ibindi byose biraciriritse cyane rwose.
Ese plaisir ko utubajije ngo nikizira wowe urabyumva ute?
Iri jambo n'iryo kwizerwa: umuntu ni yagomba kuzezwa ishengero, aba yifuje igikorwa ciza. Nuk' umuzezwashengero akwiye kutabak' umugayo, kand' akwiye kuba umugabo afise umugore umwe gusa; abe utarenza urugero, adahugumba, aganza ingeso ziwe, akunda gutanga indaro, afise ubgenge bgo kwigisha, atar' umunoho wa vino, cank' umusinzi, arikw abe umugwaneza, atitoraguza, atar' inkunzi y'amahera, 1 Timoteyo 3:1-3
Musejye cyane umwuka ako meze abahe ubwejye, technologies itatubuza ijuru mugire umunsi mwiza Yesu abarinde mwese nkabasesenguzi.
Igihekiraje. Kandikirasohoye. Ubwo. AbasengImana. Bayisengera. Mukurinomumwuka
N'abatinganyi n'abahezagire uwo Isaïe ntacyo asigaje Jyoni ryanrye yari yarabivuze. Kumwe Aroni yategekwa n'abantu bagacura imasa bakayiramya mu bugararwa niko na Isaïe akuyeho itegeko ryavuzwe na Paulo ngo umushumba abe umugabo w'umugore umwe. Mureke daïmoni zitegeke itorero turi mu gihe cy'iherezo
Icyo nzicyo nibaramuka nemeje ibyo byose uvuze, adepr izahita icikamo ibice, kuko harimo abantu babahezanguni, bemera umwimerere w'ADEPR, muravuga ngo ubushize barasohotse bapfa udukombe noneho baraje basohoke ku karubanda, baravuga ngo Imana uko yariri cyera nuy'umunsi niko iri.
kuko Imana itari iy'umuvurungano, ahubwo ari iy'amahoro. Nk'uko bimeze mu matorero yose y'abera, abagore nibacecekere mu materaniro, kuko batemererwa kuvuga, ahubwo baganduke nk'uko amategeko na yo avuga. Kandi nibagira icyo bashaka kumenya babibarize abagabo babo imuhira, kuko biteye isoni ko umugore avugira mu iteraniro. 1ABAKORINTO 14;33-35
@niyonsabaassumpta5605
3 ай бұрын
❤😅
@sanghokim5420
3 ай бұрын
Uyu ni Paulo wabivuze ariko.Ku bwawe kubera iki kudoda umugore umunwa?
@didi-dr1mj
3 ай бұрын
Uyu munsi abagore munsengero ki 80% b abachristo ba ADEPR. Barahanura,bakaba aba evangelists ese ntimufashwa nabo? hasigaye iki?
Ibyahanuwe byose bigomba gusohora byaba byiza cg se bibi. Kandi ntawabyirukana mw Izina rya Yesu ngo bigenge. Inama nziza n uko buri wese yashaka Imana ku giti cye kuko UBUGINGO BUHORAHO ni GATOZI
@etiennemugiraneza
3 ай бұрын
Kweli
Buri wese arinde irye zamu, dusabe Imana ituzigamire igitsibo.
Reka nkwisabire Plaisir uge ugerageza kudasigiriza ibidakwiye gusigirizwa nibashaka bazakwange nibakwanga Imana igukunda uzahomba iki?.kiranuka nawe ugeze no kwitanga ubwawe
@Hirwa_Promoter
3 ай бұрын
Nonese ntujyureba ko plaisir umugorewe imisatsi imugera numugongo?? Uzitegereze neza mubyukuri nuko satani ajya aza yitoratoza none yanditimboye ubona Hari umuntu ujyira Naturere Bose sinabonye bajya gusokoresha mubyukuri mujye mugerageza mubaririze inzira zakera kd ntimugashingure imbago zacyera kd abatubanjirije barimo indashyikirwa Kaneziyo barinze basaza kugeza ubwo yitahiye Hari umuntu wigeze areba mumutwe wa madame niyo yabaga ari mubukwe ntasokoza Naturere ye aha narumiwe
@user-zm4tv5wb6z
3 ай бұрын
Wicira imanza kumusatsi w'umugore wabandi kuko gukura kumusatsi ntibivuzeko haribyo yashyizemo aho nawe urarengereye bidakwiye wihane.
Nanjye nibaza impamvu itorero ryaba rimaze imyaka 84 kandi ntakintu bitwaye itorero, uyu Ndayizeye akaba azanye mo udushya nibaza niba atari intangiriro yo gusenya imbaraga ADEPR yari ifite? Twizere ko atari byo ! Gusa kuba RGB ariyo gashyize ho ubuyobozi bishoboka ko ari nayo yababwiye gukora ibyo! Ari njye nakwemera nkajya gukora imirimo isanzwe sinyoborwe buhumyi! Murakoze😢
@sanghokim5420
3 ай бұрын
Si wowe rero iturize buri wese azivugira ibye
@yizerevalensyv2503
3 ай бұрын
Niko ubikeka ngo nta kibazo byari biteye wabaga mu nama bivugirwamo se uzabanze wumve Usta wa RGB numvise avuga ko muri raporo z'inama bakoraga mbere ya Isaie ngo babyigagaho none babyigagaho ntababizanye urumva umugore yayobora umudigudu (itorero) akahazorikirwa niba yigisha akabayobora ikindi ba pst bakora ni ikihe atashobora ahubwo kuki wumva umugabo yakora mu gituza cy'umugore amubatiza byaba bitwaye iki igituza cy'abagire kigiye gikorwamo n'abagore bagenzi babo
Cyera, Abakrisito niyo yitwaga, Inamankuru nirworwego rwafataga iywanzuro none ubwo rwego rwakuweho. Itsinda rito nibyo ryiherera rigafata Imyanzuro Ariko, Itorero rifite nyiraryo. Azarirengera Kandi vuba.
@ububyutse
3 ай бұрын
None se byose bagomba kubihindura
@emmanuelnzabonimana5238
3 ай бұрын
Noneho abarimu babaga muri ADEPR ntabwo wabemeraga? Umushumba ni iki se? Si umuntu ashumbye intama? Buriya inyito nicyo njyewe mbonamo ikibazo. Kuko Pastor/Rev n'ibindi mbona ubihinduye mu kinyarwanda byaba Umwungeri CG umushumba. Nonese abagore bashumbye amatorero ko bitateje impagarara bayabaha bika biteje impagarara bagiye kubarambikaho ibiganza? Baradushumbye igihe kirekire rwose kandi bakora neza umurimo. Mubareke rero nabo bahabwe inshingano y'icyubahiro
Plaisi ,,,abazi Imana yabo bazakomera bakore ibyubutwari.ikinicyo gihe ngobakore ibyubutwari.sindi umwa ADEPR ariko ndumukristo.
Niba ubikunze nkandira hano kwifoto tubane nanjye ninkunga yawe ndayikunze❤
Ariko se Adeperi haruwo izafata kugakantu ngo imutrgeke ibyobyose,ubundi ko buriwese azabazwa ibye ubwo uzabikora Biramureba buriwese nagume uko yahamagawe,ubundi
Erega mbose babyigeho p abo banyambwenge babohore abanyu bakore ibyo bashaka njya ndumva bavuga ngo Imana ireba mumutima dusigarane Imana yo mumutima ahaaa byiza cyanee,
Mwibaze impamvu ibyemezo nk'ibi bifatwa ntibitangazwe kuri platforms za adepr hari radio, Facebook, X, KZread channel aho hose ntacyo bavuze ahubwo bitagazwa na Iyobokamana. Ibi bigaragaza umuntu udashobora guhagarara ngo asobanure ibyo yakoze kuko nta busobanuro afite, kandi namwe muzi umuntu utanyura mu irembo icyo Biblia imivugaho
@sanghokim5420
3 ай бұрын
Imana niyo idahinduka naho abantu barahinduka,n'ibihe birahinduka.Ubwo rero uhagaze neza ntacyo waba
@salimaisabelle-ds9lz
3 ай бұрын
Abaheburayo 13:8,natwe ntidukwiye guhindukana nibihe.
@mukarukizaimmaculee-ku2lu
3 ай бұрын
Turababaye mutubarize Izayi abagabo muri Adpr babaye bake nonese yirukanye abagabo kugirango yimike ababore mbega amahano
@mukarukizaimmaculee-ku2lu
3 ай бұрын
Barashaka gusa nayandi mahanga? Baretse abafite irari ryibyisi Bagakayja aho babyemererwa
@mukarukizaimmaculee-ku2lu
3 ай бұрын
Ubundi Imana ikeneye abantu bakijijwe ntabwo yabatumye abantubenshi Bibiriya ivugako muminsi yimperuka bazigwiriza ababigisha babigisha ibihwanye nirari ryabo Irari ryagwiriye kubayobozi ba dpr
❤ ndumubyeyi ariko ndagukunda nkunda zabushya ahura hose ndahareba
Ahaaaa nakataraza kazaza ubundi babatinganyi wasanga nabyobiri mubyabazanye
Plaisir ,Yesu aguhe umugisha kubibazo umbarije .
Ifrayimu yivanzee nandimoko amera imvi zurutarutaru Kandi pe ibyobintu Imana ntibirimo izabahana
😢😢😢😢ariko noneho Mbashije kumirwa gusa ndababaye cyane
Oya inzoga ntizikabeho mu izina rya YESU.
Kwimika umugore ngwabe past ntakibazo Ikibazo dore Niki Igisuko k'umugore W'umukristo nikosa!!!!!!!? 1Timoteyo2;9-15
umuntu avuze comment ndumirwa, ati tureke ubuhezangu kuko Adepr iri mu rwanda gusa , none ubwo abanyarwanda nibo bazajya mwijuru gusa? udakomeye agiye kugwa ukomeye nakomeze akomerere muri adepr uwejejwe agumye yezwe nuwanduye agume yandure
Ikindi ibijyanye nimisatsi soma 1abakorinto: 11:13,16 haragusobanurira umwenda imana yahaye umugore kumutwe sigitambaro numusatsi ariko Adepr iguha akarongo kamwe kicyogice: 6: wonyine ngo bike muze birakwiye ko umugore agira umusatsi mwinshi kuko nubwiza bw umugabo we .
Arabishura, ati Yesaya yavuze neza ivyo yavugishijwe n'Imana kuri mwebge indyarya, nk'uko handitswe, ngw Aba bantu banyubahisha iminwa yabo, Arikw imitima yabo iri kure yanje. Bansengera ubusa, Kukw inyigisho bigisha ar' ivyagezwe n'abantu. Ico Imana yageze murakireka ngo mwumire ku migenzo mwabgirijwe n'abantu. Kand' ati Nka ko mwagize neza gukengera icagezwe c'Imana, ngo muziririze iyo migenzo yanyu! Mariko 7:6-9
Plaisire nagirango mbabwireko nimukora nkuko Biriya muvuze ruguru mumahame yanyu, mushaka bizaba birangiye ko bamwe bazatakaza ibyumwuka nubuhanuzi,gusa ni bashaka ko aba Dame babwiriza murusengero bazabanze basome Bible,kuko harahanditswe ngo umugore ntakwiriye kuvugira muruhame adatwikiriye umutwe,gusa nibabikora muzitegereze neza ko batatwikiriye umutwe uriho nibindi byatuma abantu batakaza Ubu Kristo,basutse bagatega ibitambaro Bakaza kubwiriza barangiza bakagikiramo bakamera nkabandi byaba arimfabusa,mushishoze kuko is irikubatera kuva ku Mana yacu twamenye kndi twizera cyane kurusha ibyiyumviro byabantu yaremye.
Isi Turimo igomba kugera no mwitorero rwose mureke ibyahanuwe byose bisohore kd mubareke bagende ikuvunge kuriyorodani bizagaragara
@sanghokim5420
3 ай бұрын
Ubundi se ibyahanuwe byose ni ibyaha cg ni ibimenyetso by'ibihe?Mufunguke
Plaisir , Imana idushyigikire ADEPR turafitwe.
@Izibyoseleah7
3 ай бұрын
Oya humura nshuti yange ,iyatangije umurimo irahari kd ni yo kwizera. Don't be afraid bcz of these changes. Imana irahari kd ntakinya kuba kuntore zayo itazimenyesheje
Abarwanya abagore ko bataba abashumba,ubundi se basanzwe batatuyobora Kandi bikagenda neza,nonese abagore haricyo bapfa n,Imana kuburyo bataba abashumba,ni mureke iyo myumvire
Ngo bashingiye kubusabe bwabantuu? Ntanubwo arikucyo ijambo ry,Imana💔😭
@uwitijeoliva5680
3 ай бұрын
😢
Ubundi nuko turi mugihe cyubuntu izayi nabamushigikiye aho agejeje Itorero ry'Imana yarakwiye gushyirwa kukarubanda nkuko cyera bagenzaga uwishe isabato cg uwasambanye agaterwa amabuye
Kutatweretse urutonde rwabobapasiteri😊😊😊😊😊
Amahoro 'imana abane namwe.gusa adpr nzi yakera yagenderaga kuri bibiriya n'ubundi niyo yo kugenderamo kurusha Andi maranga mutima ayariyo yose,nituda kora ibyo itubwira imana tuzaba twarigishije ibinyoma.ibyi misatsi,amahereno,kwakira abavuga butumwa bo muyandi matorero,kujya kuruhimbi kwa badamu bacu n'ibindi bijyanye n'impinduka za adpr.uko biri muri bibiriya.adpr ninyuranya nabyo izaba ihindutse MBERE ya bibiriya.n'ugusenga cyane tutagwa mumoshya imana iduhane umugisha.
Mukomeze mubikurikirane kd Imana ibahe umugisha
Barakubeshya kwimika abagore ntabwo aricyifuzo cy'abakristo nicyifuzo cya RDB yimitse abantu baharanira inyungu .........
Àbantu nibayoborwe n'umwuka w'Imana bakomeze urugendo
Ubundi yesu atoranya abagabo akabita intumwa yarayobewe gutora abagore mube maso
ADEPR yaguye kera, iha abagore uruhimbi,kuko nabyo bible ntibyemera ibindi ni suite nta gishya cyabaye iwanyu😢😢😢😢😢
Shalom! Ibibazo byinshi wibaza biri mu gisubizo nacyo wibajijeho: "Ubusabe bw'abakristo". Abo bakristo ni ba nde? Icyo navuga ni uko gusengera cg kudasengera abagore atari doctrinal issue. Ni social politics and disciplinary issue. Urugero, mu gihe Pawulo yandikiraga amatorero atandukanye, hari aho avuga abagaragu n'imbata. Twibuke ko icyo gihe politike yemeraga icuruzwa ry'abantu. Uzacukumbure imibereho n'uburenganzira bw'imbata. Ubu rero politike iriho ku isi iha umugore umwanya kuko yari yarahejwe. No mu idini rero, abahejwe bagomba kwibukwa.
1 TIMOTEYO 3-2-4 umuntu uzasengera umugore kuba umukuru w'itorero azabanze asome aho muri TIMOTEYO, nasanga hamuha uburenganzira azamusengere, arebe niba ibikwiriye kubahwa mbere yo gusengera umukozi niba bihura nuwo bagiye gusengera. ADEPR we urambabaje. Iyaba waruzi iyo uri kwerekeza wakagarukiyaho
@laurence7961
3 ай бұрын
Ni agahinda pe!!! ADEPR koko ibaye nka'yandi madini!!!!
@user-kh1tp7lq8q
3 ай бұрын
Numiwe peeee ariko mana we tabara
Ahaaaaa mba ndi aho numiwe pe! nuko nyine ntari umunyedini ariko kimwe mu byatumye Abisiraheli bagwa mu butayu harimo ikivange cy'abanyamahanga bazanye nabo bambuka inyanja itukura , batangira kwifuza iby'iwabo aba isiraheli nabo babura ubwenge barabigana, Nukuri nta mw'ADEPR w'ukuri wasaba bene ibyo ahubwo bamwe mu bivange nibo bashaka kwanduza abari birinze.so, nibashaka barebe neza bataba bari kurwanya Imana
Bakunda ivyicaro vyo haruguru aho batumiwe, n'intebe z'icubahiro mu masinagogi, no kugirwako bgakeye mu tuguriro, no kwitwa n'abantu: Rabi . None, ntimukitwe Rabi, kuk' umwigisha wanyu ar' umwe, namwe mwese mur' abavukana. Kandi ntimukite umuntu wo mw isi Data, kuko So ar' umwe, ar' uwo mw ijuru. Kandi ntimukiyite umuranzi, kuk' umuranzi wanyu ar' umwe, ari Kristo. Matayo 23:6-10 Arik' umukuru muri mwebge az' abe umukozi wanyu. Uzokwishira hejuru azocishwa bugufi, kand' uzokwicisha bugufi azoshirwa hejuru. Matayo 23:11-12
Nimukomeze muzirure ibizira 😭😭🥺🥺 mwankozi zibibi mwe mana ndababaye mufunguye ubwibone mwitorero Koko mwaryarya mwe
@sanghokim5420
3 ай бұрын
Ubwo se iyo utukanye uba ubaruse?
@tuyikundechantal1073
3 ай бұрын
@@sanghokim5420ko utukana wowe ubwo ukijijwe ute ra
@user-qi2bq7ek5k
3 ай бұрын
Ariko Koko ibyo bitutsi biragukwiriye Koko ?
@user-lr6fh1ve2p
3 ай бұрын
Nonese uragirango abashyikire a puuuu 😢😢😢😢😢😢Manaaa urahari ntacyo nvuze sha muzabonishyano nurubyaro rwanyu abahinduye umuka wera mukawuhindura feke die Mugafungisha abahanuzise mukabatoteza mugashyiraho amategeko yanyu muki mura lmana yabakuye muri puberi umurengwe sha 😢😢😢😢😢
Amadini yose (umwuka wayashinze) ni udutsiko twamabandi yitwaje bibiriya kuko ntawe Yesu Kristo yatumye wabuze uko avuga ubutumwa bwiza atisunze idini
Nibanyimikire Ev Joseline Mukatete gusa naho abandi ntabwo ari ngombwa
Yewe ndi umugore Ariko ndabyamaganye muizina rya yesu Ababayebo aho batugeze Puuuuui
Mana we ,ubwo se mwavuga 84 years iryo hishurirwa ni Isaie warihawe . Nyamara ibimenyetso by,ibihe .
@didi-dr1mj
3 ай бұрын
Ubwinshi bw imyaka ntibivuze kutayoba mama.uzi imyaka aba juifs bamaze bagitegereje umukiza kandi yesu yaraje ? Ibyo se bibabuza ko ari ikinyoma ?
@yizerevalensyv2503
3 ай бұрын
Niba utekereza ko Yesu agarutse yaza yambaye ikanzu muri 2024 uratangaje ubwo ni ubujiji
Yeweeeee,ndumiwe pe nakataraza kazaza numa yibi mubona. Abaheburayo13:8
Yesu yubahaga umuco w'ahantu ari. Urugero, n'abo bagabo muvuga, ntago bari bemerewe kuvuga imbere y'itorero mbere y'uko bagira imyaka 30. None ubwo abavugabutumwa bahagarara imbere y'iteraniro tubite ikizira kuko muri bibiliya ntawabikoraga? Umuco urahinduka, kandi iyo atari ibintu byica ubugingo, nta mategeko ahana evolution no kwaguka mu bitekerezo. Ubu ibintu byose itorero rya none rikora ubu, bitanditse muri Bibiliya tubyite ishyano n'inzaduka? Ubu Imana yakunze umugore ikamuha agaciro gakomeye, Ikemera kubyarwa nawe, Ikamupfira, kumuha umuhamagaro wo kubwiriza ubutumwa bwiza cyangwa no kuyobora itorero nibyo bintu bikomeyeee...???
Ariko Isaie agomba kunezeza uwatumye ajyaho ,niyo mpamvu afite gahunda yo kuyampa itorero kera ADEPR ntibari barize babayoboraga nk 'Intama ;ariko ubu siko bimeze .Uyoborwa n umwaka w 'Imana niwe mwana w 'i Mana. Isaie mumureke azabibazwa.
Twese tuvugako ADEPR Ari itorero ry'umwuka, Kandi abumvira umwuka nibo bana b'Imana. Umwuka yababwiyeko hagezweho n'inkoni y'ubushumba ku bagore
Nibitaraza bizaza haje abatinganyi haje impuza matorero none naba paster babagore Erega isayi yashyizweho na RGB ntago yashyizweho N'Imana rwose. Ikizira cyageze ahera murarame murebe hejura ibyaditswe birigusohora.
Mugiye gukora ubihabanye n,Ijambo ry,Imana ariko ntagitangaje reka ubuhanuzi busohore, ufite ubwenge abe maso.
Abaye aribyo byaba ari ikibazo gikomeye kuko abayobozi bacu nibagendera ku marangamutima y'abantu, ngo ni ibyifuzo by'abakristo, itorero bazaritoba, imyizerere bayihindagure bazisange itorero barigize icyo ntazi. Abahigi benshi bayobya imbwa. Biriya bintu byari biriho, ibyinshi byashyizweho n'Umwuka, ibindi bishingiye neza kuri Bibiliya, ibyo bazashyiraho nyuma bizaba bishingiye ku marangamutima, pressure ya RGB, pressure y'abashaka gusenya itorero, ubwo wabona na rya tangazo ryo kudefiriza no kwambara amapantaro ku bagore twabonye ubushize riri muri uwo murongo w'ibishaka guhindurwa.
Mwaramutse neza mureke bakomore byose umukristu nibwo agiye kugaragara numunzani mureke tuwugeho nyine
@mukazanaSylivia-gz9vl
3 ай бұрын
Sha uvuze ukuri pe
Ndange nduwo muri adpr ariko ikigaragara batubeshye imyaka myinshi lmana ntihinduka bo barahindagurwa nibihe gute! Ubuse ngo kudatanga icyacumi nicyaha kunywa inzoga no kwambara mini nibindi ubikora ntazajya mwijuru mwabanyamitwe mwe birababaje
Ariko se bera b'Imana,hakorwe iki ko uyu mugabo ari gatumwa? Ntibihaye gucyoza Jyoniryange! None dore iyo bigeze. None se umunsi ashorera Jehova jireh no kwa cardinal,ninde wamenya imihango yakozwe? Ibyazimaniwe abashyitsi se ninde uzi byaratongerewe iki? Ariko mubona ya makarikari ya kirokore agikanga sekibi kandi asigaye abaha amabwiriza yaramaze gufata intebe y'ikambere? Iyaba twiyumvagamo imbaraga y' ubutwari ,tukazenguruka karindwi kandi bucece ;twarangururira rimwe ku iherezo ikizira cyadagadwa!!!
Ariko ko uvugango abayobozi Imana yadushyiriyeho.Imana uvuga n,,iyihe?RGB se n,Imana? Dusobanurire
@sanghokim5420
3 ай бұрын
Ubuyobozi bwose bushyirwaho n'Imana
Umuntu wese acunge izamu rye uzakomeze uko wahamagawee esebundi adeper niyo izarya mwijuru gusa?kuko bambara ibitambaro cg ibirebire cg ntibadefirize mumahanga yose uyubaha agakora ibyo gukiranuka iramwemera
Plaisir wakoze kutugezaho ayo makuru.Ariko ibyinshi twaziraga tukaba tugiye kubizirura biratuganisha mu buhenebere bukomeye. Inyigisho z'abanyamachurches zigisha ibitangaza kandi abantu baruhijwe n'ibyaha ntituzikeneye.
Kristo Yesu ashimwe!!! 1) NTA KIZABUZA IBISITAZA KUBA ARIKO UBIZANA AZABONA ISHYANO 2) IBYO UMUKRISTO AKORA BYOSE ABISHINGIRA KURI BIBILIYA NK'UKO AMATEGEKO YOSE AGOMBA GUSHINGIRA KU ITEGEKO NSHINGA 3) TUGENZURE IKIRERE UKO CYIFASHE (IBIMENYETSO BY'IBIHE, IBYAHANUWE MURI BIBILIYA) 4) MWIBUKEKO ICYO MWITA AMADINI CG AMATORERO KIGIZWE NAWE NANJYE. ESE JYEWE CG WEHO DUHAGAZE MU MWANYA KRISTO YISHIMIRA, DUHAGAZE NEZA, NTABWO TWARANGAYE SATANI AKINJIRA, TWABEREYE MASO UBUGINGO BWACU, TUBERA MASO AYO MADINI CG AMATORERO???? 5) HANO TURAVUGA IBYO DUSHAKA, TUKANENGA, ABANDI BAGATUKANA BAKISANZURA, ABANDI BAKAYOBORWA N'AMARANGAMUTIMA, ARIKO TWIBUKE KO: 6️⃣) UMUNSI UMWE BURI WESE AZAHAGARARA KU GITI CYE IMBERE Y'INTEBE Y'IMANZA CG BURI WESE AZABAZWA IBYE. NSHUTI Z'UMUSARABA, TWIBUKEKO AKAJAGARI KA HANO KAZARANGIRA, TUMESE IBISHURA BYACU MU MARASO Y'UMWANA W'INTAMA KANDI AMATABAZA YACU AHORE YAKA, TUTAZABA NKA BATANU B'ABAPFU. BURI WESE KU IZAMU RYE!!!!
@salimaisabelle-ds9lz
3 ай бұрын
Yesu Kristo aguhe umugisha mwene Data ,Uwiteka aduhe kuba maso.
Mugeni tv kurikirana ijambo ry'Imana
Yewe kintu cyazanye ibice mwitorero rya ADEPR kikarisuzuguza abataribamo ese koko mwabanje ibyumuka mushoreje kubyumubiri ? Hhhh yewe nukuri ukobiri kose Harumwihariko wanyu IMANA yaribaziho nkababyeyi babyaye abana benshi kdi mwareraga neza pe none ntawamenya ibizakurikiraho kugasozi twatuyeho kera harumugabo bitaga ntegamaherezo
Arikotwebweho. Iwacu Nimwijuru. Nihodutegereje. Umukizakwazava. Imana. Ishimweko. Twamenye Amategeko. Namateka. Byurugendo. Rujyameijuru. Yesu yaduhaye. Umwukawera. Tuzi. Gutandukanya. Ikizanikibi. Imana. Ishimwe
NTAHO IMANA IHURIRA N'IDINI KANDI BURIWESE IMANA YAHAMAGAYE YEMEREWE KUVUGA UBUTUMWA UBUNDI NIRIHE DINI YESU YASIZE
I agree with them❤
Uwiteka afite agahinda kabo yahamagaye agashyira murugo benshi muribo nibo rukozasini afite bahaye urwaho abanzi b,uwiteka ngo bamutuke !!!!! Efulahem yewe efulahem. we dore wabaye nk,inyuma y,injiji. ....
Yewe amafranga yaguzwe umwana w'Imana koko😢 buriya amfranga yabatinganyi niyoyab'agiye kunyeganyeza itorero akakageni????? Imana ntizabyemera kd muzabibonesh'amaso yanyu
@bakundamahorochance4794
3 ай бұрын
Koko se ? Ubuse Imana yavuganye natwe yarabeshye ra?
@yizerevalensyv2503
3 ай бұрын
Ese ubahe utunguwe na pst w'umugore EAR, EPR,...ukeka badakizwa se muve mu bujiji ubu koko Anglican ubuse abapagani ni gihe bafite n'abahowe Imana b'ibugande muve mu bujiji
.Isaie abavuze ko arintumwa ya shetani ngivyo arabikoze turi mugihe canyuma Imana iturinde ako kabi mu burundi bwacu
Ijambo ry Imana n Inkot ityaye.
Njye ndumva niba abayobozi ba ADEPR bibananiye guhagarara kuri doctrine yaryo barisenyurira mu yandi matorero yemera ibyo byose kuko ntampamvu yaba igaragara yo kubaho kwayo. Bibaye ari ukuri kwaba ari ugutsindwa kw'ingoma ya Isaie kandi yaba ahaye inkunga ikomeye opposition ye.
Abayoborwa nu mwuka nibo bana bi Mana
Mana ibibintu narabirose mbibwira mama arambwira ati ntibyashoboka, none mbonye iki kiganiro ndumiwe, sinkiri umu ADPR ariko ngo nasubiye gusura chorali naririmbagamo ngo mbona bamwe muribi barasutse abandi bambaye jewels 💎, ngo ndababaza ngo byagenze bite hama barambwira ngo barakomorewe ngo bisigaye byemewe kubishaka, ........ sinzuko izo nzozi Zaje 🤷♀️
Bashingiye kubusabe byabantu abantu nibobakorera cyagwa dukorera imana harya nkumugore urimumihango azarya kubatiza mumbarize abobayobozi muntumwa zayesu hariharimo abagore bangahe ibyahanuwe ezayi niwe ubisohoje
Nonese Plaisir nanjye mbabaze umbarize ADPR ko mubabuza kudedriza kdi mukabemerera gutera kanta yewe mukanabemerera kwitukuza mwaretse imigenzo y idini ko tubina abaciwe badefrije ariko abitukuje nabateye kanta nimubavugeho murumva mutarayobye koko
@cecilebukuru2298
3 ай бұрын
Uvuze bike pe.Ivyaha vyuzuyemwo barabizi.Nabo nibisuzume.Ico caha ca defriza nico bahora bavuga,ubugome ko ntarabona uwu bashira inyuma uwabeshe,amashari,ubugome etc...
@yizerevalensyv2503
3 ай бұрын
Ufite imyumvire mike mu gutandukanya discipline na doctrine waba warasomye doctrine ya ADEPR ugasangamo iby'imisatsi,...ukwiye gusoma ukajya uvuga ibyo uzi sinzi idini ubamo ariko uzarebe neza urasanga naryo rigira discipline haba mu myambarire y'abariyobora no mu minywere urugero Gatulika ababikira bambara igitambaro mu mutwe EAR umwigisha aba yambaye ikanzu, abadiventiste aba JA bagira imyenda yabo,...ntaho wajya ngo ubure akantu bashyizeho katari muri bibiliya kabatandukanya n'abandi ariko ntaho Kaba gahuriye n'icyaha urugero ADEPR ikunda gutega igitambaro ku bagire ariko si icyaha kutagitega sinzi niba utabazi batanagira igitambaro ese wari wabona jehovajireh choir yiteze? Ku mapantalo nabyo si icyaha kuko ADEPR yahisemo ko mubuzima busanzwe hajya hambarwa imyenda yiyubashye bahitamo kuyambara kenshi ipantalo ariko si ihame bitewe n'umurimo ugiyemo wemerewe kwambara ipantalo nk'abaganga abasirikari abapolisi, abakanishi abafundi rero kwibwira ko aba ADEPR batambara ipantalo byaba Ari ubujiji no kudasobanujirwa k'uri kubivuga reka nkubaze wari wabona umubikira wambaye amaherena cyangwa wambaye ipantalo ariko se idini ryabo ntubizi ko babyambara nkeka rimweukeiye kujya mumenya uko ibintu bikorwa akajagari ntabwo kagaragaza umuntu ugira gahunda
Ariko ibi bintu biva Shakopee,basigaye bategeka abanyamadini iibyo Bari bukore,batabikora bakahura n,akaga😂😂😂😂😂
Mbere se ntabagore bagiraga?nakataraza kazaza
Bazabyemera ibyo se ko babyemeye ,ahubwo biroroshye,kukise amapantaro agiye kwambarwa nabagore,rero mukenyere ,nanjye ndagari
Ndagukunda
ntamukisitu wateperi wakwemera ayomafuti ngo Adeperi ngoyimike Abapasiteri babagore?????? mbega ibyago. bakisitu mwihangane ibyano ryaguye mwisubirire mukaturike
Ese ko mutsimbarara kubyari bisanzwe,kuko ibyaha bikabya kuba byinshi muri Adepr Imana rero yararakaye niyo mpanvu igihe gukoresha abagore nkuko yahindukiriye abanyamahanga Israel yanze kubaha Imana Zbr 68:12, mugafunzo hari umugore wari umupasiteu muriAdept,dukwiye kwaguka mu bitekerezo,tureke guhagarara ku mihango y,idini ahubwo dukizwe, neza abo bagabo nzabemera neza nibakora badahembwa ,
@umwaliazeleny
3 ай бұрын
Yitwaga Rodia ahitwa I Mukoma hhh
Ibi ni byiza kubaho kuko biradufasha gutandukanya abera n'abanduye.YESU ARAVUGA ATI:ndaza vuba nzanye ingororano kdi ati:uwera nagumye yezwe nuwanduye akomeze yandure!!!
Muraho Turakumva cyane
Guhera 2012 ADEPR yagiye ubona udushya twinshi tutaba muri Bibliya ngo tugendane n iterambere da!
Erega ntago dukwiye gutangazwa n'ibyo,kuko ibihe turimo ni ibihe by'Imperuka dusohoyemo kuko ibizaza byo bizatungura benshi.
Umuhanuzi William Marion Branham yavuze ko aba pentekote bazaba babi kuruta Andi madini, none ndabona bibasohoyeho😢😢😢😢; muri bible biriimo ko pasteur agomba kuba Ari umugabo ufite umugore umwe+ afite abana bizera. SI umugore w'umugabo umwe no
Barabeshya kuko nta matora bakoresheje. Ahubwo bashyizwe hanze kugirango buri wese amenye abo bayobozi abaribo